Quantcast
Channel: Thebasic12 | Kinyarwanda, Rwanda Education, Rwanda Learning, Courses in Rwanda » school
Viewing all 47 articles
Browse latest View live

Kamonyi: Amikoro make ni imwe mu mpamvu ituma abana bata ishuri

$
0
0

Kamonyi: Amikoro make ni imwe mu mpamvu ituma abana bata ishuri

Bamwe mu babyeyi n’abana batangaza ko ikibazo cy’amikoro make gituma umubare w’abana bata ishuri wiyongera. Mu mihigo y’umwaka wa 2015/2016, ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi bwafashe ingamba zo kugabanya uyu mubare hifashishijwe ubukangurambaga.

Mu gihe mu Rwanda gahunda y’uburezi kuri bose, iha buri mwana uburenganzira bwo kwiga nta kiguzi kugeza arangije umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, hari ababyeyi n’abana bakigaragaza amikoro make nk’imbogamizi ituma batabasha gukurikirana amasomo ya bon go bayarangize.

Mu mudugudu wa Kirega, akagari ka Kigese ho mu murenge wa Rugarika, ni hamwe mu hagaragara abana bataye ishuri. Safia Abiyingoma, ufite abana babiri bavuye mu ishuri kubera  ubushobozi buke afite akaba atabasha kubabonera ibikoresho by’ishuri, arasaba ko yafashwa abana be bagasubira kwiga.

Ngo abo bana umwe yigaga mu mwaka wa kane, undi mu wa kabiri ; kuri ubu birirwa basembera ntacyo bakora. Ati « mbonye nk’abaterankunga bakabansubiriza mu ishuri baba bangiriye neza kuko njye ndi umukene ».

Ikibazo cy’amikoro, uyu mubyeyi agihuriraho n’umunyeshuri witwa Eric, wiga ku Rwunge rw’amashuri rwa Masaka ruherereye muri uyu murenge wa Rugarika, uhamya ko ku kigo cyabo abana bavamu ishuri umunsi ku munsi

Aragira, ati «  nzi abagera kuri 15 bavuye mu ishuri ; bamwe muri bo diregiteri yagiye kubagarura baranga kuko nta bushobozi bafite. Nubwo kwiga ari ubuntu, umwana ntiyaza mu ishuri adafite amakaye cyangwa umwambaro w’ishuri. Icyo gihe yaba atari umunyeshuri ahubwo ari mayibobo ».

Mu mihigo y’umwaka wa 2015/2016, ubuyobozi bwiyemeje kugabanya umubare w’abana bata ishuri, ukava kuri 12% mu mahuri abanza ukagera ku 9% , nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere Emmanuel bahizi mu Nteko rusange y’akarere  yateranye tariki 10/8/2015.

Mu kugabanya umubare w’abana bata ishuri, ngo hazakorwa ubukangurambaga hifashishijwe abayobozi b’imidugudu n’abajyanama b’uburezi, ariko ku kibazo cy’amikoro agarukwaho n’abana ndetse ababyeyi, ntacyo ubuyobozi bwatangaje ko buzagikoraho.


Ishuri rya IFAK rizizihiza yubile y’ imyaka 50

$
0
0

Ishuri rya IFAK rizizihiza yubile y’ imyaka 50

Ishuri rya IFAK ry’Abasereziyani ba Don Bosco riherereye mu Murenge wa Kimihurura, rizizihiza isabukuru y’Imyaka 50 rimaze rirerera u Rwanda.

Ibirori byo kwizihiza Yubile y’ iri shuri  biteganyijwe ku wa Gatandatu tariki ya 19 Nzeri 2015 ku Kimihurura, aho ibihumbi n’ibihumbi by’abanyuze muri iri shuri baturutse mu Rwanda no hanze yarwo, bazongera guhurira aho barerewe bakibukiranya, ibyiza bahakesha.

Ishuri rya IFAK rizizihiza yubile y’ imyaka 50

Padiri Gatete Innocent  uyobora IFAK akaba umwe mu bize muri iri shuri, asobanura amateka yaryo kuva rigitangira, ndetse akanararikira abaryizemo bose kuzitabira ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 rimaze.

Aragira ati” Iri shuri ritangira ntiryitwaga  IFAK ahubwo ryitwaga College Notre Damme de Kimihurura ryigisha abashakaga kwiyegurira Imana no kuba abogeza butumwa bwa Yezu  ariko atari abasaseridoti, bamwe  bakunze kwitwa abalayiki”.

Uko imyaka yagiye ihita Padiri Gatete atangaza ko iri shuri ryagiye rihindura imiterere, aho mu mwaka wa1979 ryagiranye amasezerano na Leta y’u Rwanda, yoherezamo abanyeshuri, ritangira kuba ishuri rifatanya na Leta .

Ishuri rya IFAK rizizihiza yubile y’ imyaka 50

Iri shuri kandi Padiri Gatete atangaza ko nyuma y’ayo masezerano na Leta, ryatangije icyiciro rusange rikomeza gutanga uburezi kugeza muri  Mata 1994, ubwo Jenoside yakorerwaga abatutsi yatangiraga.

Padiri Gatete akomeza asobanura ko nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi, iri shuri ryongeye gufungura imiryango mu kwezi k’ Ukwakira 1996, aho kugeza uyu munsi mu myaka 21 ishize, abanyeshuri barenga 2500 bamaze kunyura muri iri shuri.

Kuri ubu IFAK  yakira abana b’abahungu n’abakobwa, aho ifite icyiciro rusange n’amashami yigisha ibirebana n’Ubumenyi, arimo imibare, ubugenge n’ubutabire (PCM), hamwe n’imibare ubutabire n’ibinyabuzima (MCB).

IFAK (Institut de Formation Apostolique de Kimihurura), ni rimwe mu mashuri y’ubukombe y’abihayimana b’Abasaliziyani ba Don Bosco ryatangiye gutanga Uburezi n’uburere mu Rwanda ahagana muri 1964-1965, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Nzeli 2015 guhera saa mbiri z’amanywa (8H00), iri shuri rizihiza Yubile y’imyaka 50 rimaze rirerera u Rwanda.

Bamwe mu banyeshuri bemeza ko gutunga telefone byabarangaza

$
0
0

Bamwe mu banyeshuri bemeza ko gutunga telefone byabarangaza

Mu gihe abanyeshuri bamwe bemeza ko telefone zikenewe ku mashuri ngo zikoreshwe mu bushakashatsi mu masomo, abandi bo barasaba  ko byakwitonderwa.

Nubwo aba banyeshuri bemeza ko telefone zabafasha cyane kuri internet mu bigo bidafite umurongo wa internet, kurundi ruhande bavuga ko zishobora kugira ingaruka mbi ku myitwarire yabo bityo bagasaba ko imbaraga zashyirwa mu kugeza imirongo ya internet ku mashuri.

Umugwaneza Jacqueline, wiga mu mwaka wa Gatanu TSS Mutendeli mu karere ka Ngoma, Yagize ati ”Nubwo telefone ari nziza mbona atari nziza ku munyeshuri uri ku ishuri, kuko yatuma atangira kumenya ibintu byo hanze akararuka ntakurikire amasomo neza.Ikindi mbona abarenze ½ bazikoresha mu bindi byabajyana mu bishuko.”

Uhagarariye abandi banyeshuri kuri G.S Nyamugali ho mu karere ka Ngoma ,Mutaganda Eric, nawe agaragaza impungenge zuko izo telephone zagusha benshi mu bishuko.

Yagize ati” Njyewe icyo kemezo singishyigikiye kuko byatuma turaruka,mbona ahubwo leta,ubuyobozi bw’ibigo ndetse n’ababyeyi bashyira ingufu ku kugeza internet ku mashuri aho kuvuga ngo abanyeshuri batunge telefone ku mashuri.”

Ababyeyi nabo benshi bagaragaza impungenge ku kuba abana babo batunga telefone bari ku mashuri ndetse bakavuga ko batabishyigikiye harebwa ubundi buryo bwakoreshwa kuko telefone za byabagusha mu bishuko n’uburangazi ntibige.

Nkunzurwanda Celestin, utuye mu murenge wa Mtendeli yagize ati“Umwana gutunga telefone sibyo kuko zabarangaza.Natwe abakuru usanga ziturangaza yaba mu nama ugasanga umuntu yibereye  whatsapp  nahandi,urumva ko barangara ntibige neza.”

Ku ruhande rwa minisiteri y’uburezi,yo yemera ko telefone ishobora gufasha  umunyeshuri mu masomo ariko igaha ububasha ababyeyi ndetse n’ubuyobozi bw’ikigo mu kuba byagena igihe byabaye ngombwa,uko zakoreshwa bitabangamiye amasomo.

Olivier Rwamukwaya umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye agira ati”Nubwo hari igihe byaba ngombwa ko uwo munyeshuri ayizana ku ishuri turasaba ko bitaba urwitwazo rwo kuba yayikoresha mu buryo bubangamiye amabwiriza yihariye y’ishuri.”

Aba banyeshuri bavuga ko Telefone zizanwa rwihishwa mu kigo zigakoreshwa ariko mu bitaribyiza.

 

Nyamagabe: Bata ishuri bakajya kwiba abacururiza mu isoko

$
0
0
Nyamagabe: Bata ishuri bakajya kwiba abacururiza mu isoko

Abana bata ishuri

Abacururiza mu isoko rya Kaduha, barinubira abana bata ishuri bakaza kwiba mu isoko, ugasanga ntacyo bacyuye kandi bagomba gutanga imisoro.

Isoko rya Kaduha, riherereye mu murenge wa Kaduha, Akarere ka Nyamagabe, abacuruzi n’abarihahiramo bakaba binubira ko abana bata ishuri, bakaza mu isoko kubiba bityo ugasanga bibateza igihombo, bifuza ko ubuyobozi bwagira icyo bukora abana bakajya bajya mu ishuri.

Gaudence Nyiranzacahinyeretse acuruza imbuto mu isoko rya Kaduha, atangaza ko abana bamuzengereje ntacyo agicyura asaba ubuyobozi ko bwabafasha gukurikirana aba bana batiga na mayibobo, batwara ibicuruzwa by’abaturage.

Yagize ati “Nazanye imineke ndacuruza yari amaseri atanu, noneho umwana araza atwaramo iseri rimwe, ubwo narebye amafaranga nasoze, ayo nsigaranye mbona ni igihombo, ubundi abana batiga muri iri soko nibo bahombya abantu n’imisoro mbese nta kigenda.”

Martin Nkuriza umuturage wari waje guhahira muri iri soko atangaza ko uretse n’abacuruzi n’abaje guhaha hari gihe bataha imbokoboko kubera abana bananiranye bataniga babiba.

Yagize ati “Hari abana baba bazerera baba baje kwiba nta kindi kibazanye, bakiba abahaha n’abacuruzi, bene abo bana uba usanga n’ababyeyi barabananiye, ntabwo ari ikibazo cy’uko batabitaho, ahubwo abana baba bashaka kurya bitabagoye barananiye ababyeyi.”

Gitifu w’umurenge wa Kaduha, Jean Claude Kabanda butangaza ko iki ari ikibazo kitakorwa n’umurenge umwe, kuko abana barema iri soko baba baturutse mu mirenge itandukanye, ariko hari ingamba zihari zo guhashya izo ngeso mbi.

Yagize ati “Isoko riremwa n’abavuye imihanda yose, imirenge igera ku icyenda ihana imbibi naha, hakiyongeraho n’abaturuka za Nyanza, Buhanda, icyo tuza gukora n’ubuvugizi abana bakajya bajya mu ishuri n’ababyeyi bakagira uruhare mu gushishikariza abana ku ishuri.

Ubuyobozi bw’umurenge bukaba bwizeza abaturage ko hagiye kujya hakorwa ubugenzuzi abana badafite ibyo bakora mu isoko bagasubizwa mu ishuri.

Ngororero: Bahagurukiye ikibazo cy’abana bata ishuli

$
0
0

Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero Ndayambaje Godefrey hamwe n’inzego z’umutekano bavuga ko bahagurukiye guca ingeso mbi y’ababyeyi batuma abana babo bata ishuli.

Ngororero: Bahagurukiye ikibazo cy’abana bata ishuli

Bamwe mu bana bajyanwa mu masoko aho kujya kwishuli

Kuva kuwa 26 Gashyantare 2016, Ndayambaje agitorerwa kuyobora Akarere ka Ngororero, yahise atangira icyo yise urugamba rwo guca impamvu zituma abana bata ishuli, afatanyije n’inzego z’umutekano.

Agira ati « Nanjye nabaye umurezi igihe kirekire. Nzi ibibazo Akarere gafite nk’icy’abana bata ishuli, urwanda rwejo ni ho dushyira imbaraga cyane kuko cyaba ari igihombo gikomeye abana bataye ishuli. Twatangiye gusura abaturage dukangurira ababyeyi kohereza abana ku mashuli kuko babigiramo uruhare runini».

Muri aka karere, abakoresha mu mirimo ikunze gukoreshwamo abana nko gusoroma  icyayi, kuragira inka mu nzuri za Gishwati no mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bahawe amabwiriza ko uzafatwa akoresha abana azabihanirwa bikomeye.

Bamwe mu babyeyi ariko bavuga ko iyo myitwarire iterwa n’ubukene. Dusabemungu Jean d’Amour wo mu Murenge wa Muhanda agira ati « Ubukene ni bwo bubitera kuko iyo umubyeyi adafite ibyo kurya no kwambika umwana ni bwo amwihororera umwana na we akajya kwihahira ».

Dusabemungu ariko avuga ko anenga iyo myitwarire kuko uburere bw’umwana bushinzwe umubyeyi mbere y’abandi. SSP Marc Gasangwa, umuyobozi wa polisi mu Karere ka Ngororero avuga ko Polisi yiteguye gufatanya n’ubuyobozi mu guca ubuzererezi no gusubiza abana mu ishuli.

Mu mwaka ushize, mu karere ka Ngororero amashuli amwe n’amwe yagize ikigereranyo cy’abana bata ishuli kingana na 50%. Hifashishijwe abajyanama b’ubuzima b’umushinga Imbuto Faundation, abana 3000 basubiye mu ishuli.

Meya Ndayambaje akaba avuga ko bazakomeza gukoresha abo bajyanama b’uburezi nabo basoje umushinga wabo bemeje ko ababyeyi ari bo ntandaro yo guta ishuli kw’abana babo.

Nyagatare: Ibirombe by’amabuye bigikoresha abana biraza guhagarikwa-Nkundimana

$
0
0
Aba bana bahinda amabuye umwe yataye ishuri undi ariga.

Aba bana bahinda amabuye umwe yataye ishuri undi ariga.

Mu gihe abana bakora mu kirombe cy’amabuye mu mudugudu wa Ruhuha ya 2 akagari ka Bushoga umurenge wa Nyagatare bavuga ko bajyanwayo no kwikemurira ibibazo birimo n’ibikoresho by’ishuri, ubugenzuzi bw’umurimo mu karere ka Nyagatare buvuga imirimo yo gucukura no guhonda amabuye itemewe ku muntu utarengeje imyaka 18 y’amavuko ngo umukoresha ubirenzeho ikirombe cye kirahagarikwa.

Abana bakora muri iki kirombe bamwe bariga. Umwe twaganiriye tutifuje gutangaza amazina ye, yiga mu mwaka wa 2 w’amashuri abanza. Afite imyaka 13 y’amavuko. Asimburanya guhonda amabuye no kwiga bitewe n’igihe ari bugire ku ishuri. Rimwe igitondo ubundi ikigoroba. Avuga ko amafaranga ijana cyangwa ijana na mirongo itanu akorera ku munsi amufasha kwigurira ibikoresho by’ishuri.

Umukobwa w’imyaka 15 we yataye ishuri ageze mu mwaka wa 6 w’amashuri abanza ngo kubera kubura imyambaro y’ishuri. Avuga ko abonye ubushobozi yasubira ku ishuri gusa ngo nta kizere kuko ababyeyi batishoboye. Yihonze urutoki ahonda amabuye. Yemeza ko aka kazi atakareka kuko akuramo ibyo yifuza byose.

Abantu bakuru nibo baha abana akazi ko kubahondera amabuye ubundi ababyeyi babo.

Abantu bakuru nibo baha abana akazi ko kubahondera amabuye ubundi ababyeyi babo.

Nkundimana Obess umugenzuzi w’umurimo mu karere ka Nyagatare avuga ko kizira kikaziririzwa gukoresha abana imirimo nk’iyo yo guhonda amabuye. Ubundi ngo iyo bimenyekanye icyo kirombe gihita gihagarikwa rwiyemezamirimo akabanza gukemura icyo kibazo.

Nyamara bamwe mu bantu bakuru bakorana n’aba bana rimwe na rimwe bakaba aribo babaha akazi n’ubwo babihakaniye umunyamakuru wa Kigalitoday kuri uyu wa 04 Kamena ubwo yabasuraga, bavuga ko aba bana bahora babirukana ariko banze gucika mu kirombe. Basirikare Jean Paul avuga ko bagerageje kwirukana abana mu kirombe ariko babananiye ariko nanone akavuga ko kuba bakoramo nta kibazo abibonamo ngo kuko nta mpanuka ziberamo.

Ubwo twakoraga iyi nkuru twamenyeshejwe ko ubuyobozi bw’iki kirombe bwafashe ingamba zo guhanisha umuntu wese ukoresha umwana muri iki kirombe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 5 hagamijwe gukumira ko hari abana bakongera guhabwamo akazi.

 

Nyaruguru: Icyumba cy’umukobwa cyagabanyije umubare w’abava mu ishuri

$
0
0

Icyumba cy’umukobwa cyagabanyije umubare w’abava mu ishuri

Bamwe mu bana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuyemu karere ka Nyaruguru,  baratangaza ko gahunda y’icyumba cy’umukobwa yashyiriweho abana b’abakobwa yatumye umubare w’abavaga mu ishuri ugabanuka.

Icyumba cy’umukobwa cyagabanyije umubare w’abava mu ishuri

Muri iyi gahunda, buri kigo cy’ishuri kigira icyumba kibamo ibikoresho by’isuku, kuburyo umukobwa uhuye n’ikibazo cyo kujya mu mihango atabyiteguye ajya muri cya cyumba akisukura ubundi agakomeza amasomo.

Icyumba cy’umukobwa cyagabanyije umubare w’abava mu ishuri

Muhorakeye Alice wiga mu rwunge rw’amashuri rwa Kibangu, mu murenge wa Ngoma avuga ko mbere y’uko iki cyumba gishyirwaho ngo abana benshi b’abakobwa bageraga mu gihe cy’imihango ntibaze kwiga, cyangwa se ngo abahuye n’icyo kibazo bari ku ishuri bagahita bataha bakazagaruka ari uko icyo gihe kirangiye ndetse akenshi ngo ntibanagaruke.

Ati:” Hari igihe umuntu yajyaga mu mihango akiyanduza atabizi, yahaguruka abandi bakamuseka bikamuviramo guhita ataha ntazagaruke kwiga”.

Muhorakeye avuga ko ubu ngo icyo kibazo kitakibaho, kuko ngo ugize ikibazo cyo kujya mu mihango ahita ajya muri icyo cyumba agahabwa ubufasha ubundi akagaruka mu ishuri adataye amasomo ye.

Nishimwe Claudine nawe wiga mu rwunge rw’amashuri rwa Kibangu avuga ko mbere abakobwa bagiraga isoni zo kujya mur iki cyumba, gusa ngo kuri ubu basigaye baratinyutse kuburyo nta muntu ugihura n’ikibazo ngo atinye kujyamo.

Agira ati:” Hari abatinyaga kujyamo kubera isoni z’abantu bababona bajyayo bakibaza icyo bagiye gukorayo, ariko ubu ntitugitinya ugize ikibazo wese ajyamo”.

Umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Kibangu Nizeyimana Sylvestre avuga ko umubare w’abana b’abakobwa bataga amashuri kubera kujya mu mihango ubu ngo wagabanutse, akavuga ko iki cyumba cyagize uruhare rugaragara.

Ati:” Ntitwakwemeza neza ko nta bana bagita ishuri bitewe no kujya mu mihango, ariko ikigaragara ni uko umubare wabavaga mu ishuri cyangwa bagasiba wagabanutse ku buryo bugaragara”.

Uyu muyobozi kandi nawe yemeza ko mbere habanje kuba ikibazo cy’abakobwa batinyaga kujya muri iki cyumba, kubera isoni, ariko akavuga ko ubu ngo basigaye baratinyutse kubera kwigishwa, kandi ngo n’ubufasha bahaherwa bukaba butuma n’uwagira ikibazo ari mu rugo yihutira kuza ku ishuri kugirango abe ariho afashirizwa kuko ngo aha ku ishuri bafashanya nk’abari mu muryango.

Viewing all 47 articles
Browse latest View live