Quantcast
Channel: Thebasic12 | Kinyarwanda, Rwanda Education, Rwanda Learning, Courses in Rwanda » school
Viewing all 47 articles
Browse latest View live

Rutsiro: Ibigo by’amashuri byiyemeje kunoza uburyo bikoresha mu gutanga amasoko

$
0
0

6
Abashinzwe umutungo n’imari mu bigo by’amashuri yisumbuye yo mu karere ka Rutsiro bahawe amahugurwa y’umunsi umwe tariki 11/09/2013, akaba yibanze ku bijyanye no gutunganya neza akazi kabo, barebera hamwe by’umwihariko ibijyanye no kunoza uburyo ibigo bikoresha mu gihe bitanga amasoko.
Abo bacungamutungo bo mu karere ka Rutsiro bakoreye amahugurwa mu ishuri ryisumbuye rya Murunda. Nkinamubanzi Jean de Dieu, umuyobozi w’iri shuri, avuga ko aya mahugurwa ari ingirakamaro kuko atuma abayagenewe banoza inshingano zabo.
Yagize ati “akazi k’ubucungamutungo ni akazi gasaba ubwitange, ni akazi katoroshye, ni yo mpamvu rero bahura kugira ngo baganire ku kazi kabo ka buri munsi, ndetse basangire ubumenyi.
Rimwe mu masomo bahawe muri ayo mahugurwa ni irirebana n’imitangire y’amasoko. Uwimana Joselyne, umunyamabanga n’umucungamutungo ku rwunge rw’amashuri rwa Kinihira, avuga ko hari ibyo yungutse mu gutanga amasoko atari asanzwe azi.
Ati “ bavuze ko umuntu agomba kujya atanga isoko binyuze kuri radiyo cyangwa bikanyura nko mu mvaho nshya. Icyo kintu nkatwe ntabwo twari tukizi ariko ndakimenye, nkongera nkamenya ko isoko ugiye gutanga wenda riri hejuru y’ibihumbi ijana warishyiriraho ipiganwa.”
Kuba amahugurwa nk’aya ahabwa ibyiciro bitandukanye birimo abayobozi b’amashuri n’abacungamutungo ngo ni igikorwa cy’ingirakamaro kuko atuma bumva ibintu kimwe, nk’uko Uwimana Martin ushinzwe uburezi mu murenge wa Murunda yabisobanuye.
Ati “Uyu munsi rero nk’intumbero y’abashinzwe umutungo ni ukugira ngo bahuze ubumenyi, ibibera ku kigo runaka, bagerageze guhuza, barebe icyiza, noneho kugira ngo mu mashuri yacu imicungire y’umutungo ibe imwe. Utakoraga mu buryo ubu n’ubu yikebure, noneho inzira ibe imwe, intumbero ibe imwe mu mashuri”
Aya mahugurwa yateguwe na minisiteri y’uburezi arabera mu turere twose tw’igihugu akaba agamije kongerera ubumenyi abacungamutungo bo mu mashuri yisumbuye.

The post Rutsiro: Ibigo by’amashuri byiyemeje kunoza uburyo bikoresha mu gutanga amasoko appeared first on Thebasic12 | Kinyarwanda, Rwanda Education, Rwanda Learning, Courses in Rwanda.


Abatuma abana bata ishuri bazajya babihanirwa

$
0
0

Huye

nkuko Byagaragaye ko mu karere ka Huye hari abana bata ishuri kubera kujya kurindishwa umuceri, abandi kubera gukora mu birombe by’amabuye y’agaciro, ngo abazongera kubifatirwamo bazabihanirwa.

Alphonse Biziyaremye umuyobozi w’Urwunge rw’Amashuri rwa Kamwambi, ishuri riherereye mu Murenge wa Rwaniro, atekereza ko ba nyir’ibirombe n’amakoperative ahinga umuceri bakwiye kugira uruhare mu gutuma ibi bidasubira.

Agira ati “Amasosiyete acukura amabuye y’agaciro n’aho bahinga umuceri usanga ari ho abana bacikiye, bakanga kugaruka kwiga. Njye ntekereza ko ba nyiri aya masosiyete ndetse n’amakoperative y’abahinzi b’umuceri akwiye kuzajya yandikirwa, bagasobanura impamvu bakoresha abana bataruzuza imyaka 18.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Eugene Kayiranga Muzuka, we avuga ko aba batuma abana bata amashuri badakwiye kubibazwa gusa ahubwo ko bagiye gufatirwa ingamba.

Abwira abayobozi bari bateraniye mu nama mpuzabikorwa y’akarere ayobora yagize ati “Ahubwo uzongera kubonwa akoresha abana azabibazwe. Nihongera kuboneka abana mu bishanga barinze umuceri, abayobozi ba koperative ihahinga bazahindurwe. Nibabonwa mu birombe by’amabuye y’agaciro, ba nyir’ibirombe bazahagarikwa.”

The post Abatuma abana bata ishuri bazajya babihanirwa appeared first on Thebasic12 | Kinyarwanda, Rwanda Education, Rwanda Learning, Courses in Rwanda.

Burera: Ubuyobozi bwahagurukiye ikibazo cy’abana bata ishuri

$
0
0

Ubuyobozi bwahagurukiye ikibazo cy’abana bata ishuri

Ubuyobozi bw’akarere ka Burera buratangaza ko bwahagurukiye ikibazo cy’abana bata ishuri ngo kuburyo bahigiye ko umwaka w’amashuri wa 2014 uzarangira nta mwana n’umwe utaye  ishuri.

Ubu buyobozi buratangaza ibi mu gihe mu mwaka wa 2013 muri ako karere hagaragaye abana b’abanyeshuri 445 bataye ishuri.

Bamwe muri abo bana bata ishuri bajya gufasha ababyeyi babo imirimo itandukanye yo mu rugo irimo guhinga ndetse hari n’abajya kwahirira amatungo.

Hari n’abandi bafata umwanzuro bakajya gushaka imirimo muri Uganda, aho rimwe na rimwe bagenda nta byangombwa bafite, bakanyura inzira zitemewe zizwi muri ako gace ku izina rya “panya”.

Ngo nubwo ariko abo bana bata ishuri hafashwe ingamba, bahereye ku bayobozi b’ibigo by’amashuri, ngo kuburyo umwaka wa 2014 bizeye ko nta mwana uzongera guta ishuri.

Bakuramutsa Théophile, umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Nyamicucu, ishuri riherereye mu murenge wa Butaro, avuga ko bamenya abana bataye ishuri bagendeye ku makaye abarimu bahamagarariramo abanyeshuri.

Ngo iyo babonye umunyeshuri asibye igihe kirekire, babimenyesha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ubundi nabwo bugashakisha uwo munyeshuri bakamusubiza kwiga.

Agira ati “Umunsi kuwundi dukurikirana uko abarimu bahamagara abanyeshuri hanyuma tukamenya tuti ‘uyu mwana asibye iminsi itanu cyangwa se asibye ibyumweru bibiri, ubwo ari mu nzira zo guta ishuri, hanyuma tukabishyikiriza ubuyobozi bw’ibanze…bagenda gushakisha abo bana aho bagiye bakabatugarurira.”

Akomeza avuga ko gukumira ikibazo cy’abana bata ishuri bishoboka ngo kuko umuyobozi w’umudugudu ndetse n’umuyobozi w’ikigo aba azi abana bari aho ayobora.

Ababyeyi bakura abana mu ishuri bazahanwa

Sembagare Samuel, umuyobozi w’akarere ka Burera, we avuga ko kurwanya ikibazo cy’abana bata ishuri babishyize mu mihigo. Yihanangiriza abayobozi b’inzego z’ibanze kugenzura abanyeshuri bakabamenya. Ababyeyi bo ababwira ko uzafatwa yakuye umwana we mu ishuri azabihanirwa.

Agira ati “Buri muyobozi w’umudugudu agire ishyaka ko nta mwana n’umwe mu mudugudu utagomba kujya mu ishuri. Ndetse n’umubyeyi wabigiramo uruhare rwo kudidinziza umwana akaba yabihanirwa.

“Turashishikariza rero ababyeyi ngo bakorane na ziriya nzego zo ku mudugudu…bazi umubare w’abana biga! Kuki abantu bamenya umubare w’amatungo uw’abantu ntibawumenye? Kuki itungo ribura umurenge wose ukabimenya, umwana yabura ku ishuri abantu bakabigira nk’aho ari imicezo?”

Akomeza avuga ko nta mwana bifuza ko yata ishuri ngo kuko bose bahawe amahirwe angana yo kwiga.

Kuva umwaka wa 2014 watangira nta mubare nyawo uzwi w’abanyeshuri bo mu karere ka Burera bataye ishuri. Umubare w’abana bataye ishuri mu kwaka wa 2013 ni wo watumye ubuyobozi bw’ako karere bufata ingamba zikomeye.

Si ubwa mbere ubwo buyobozi bufata ingamba nk’izo nyamara abana bagakomeza guta ishuri. Gusa ariko ngo bamwe mu bana bata ishuri babiterwa no kunanirana, bahangayikiye gukorera amafaranga gusa, aho kumara imyaka biga ntacyo binjiza.

The post Burera: Ubuyobozi bwahagurukiye ikibazo cy’abana bata ishuri appeared first on Thebasic12 | Kinyarwanda, Rwanda Education, Rwanda Learning, Courses in Rwanda.

Kayonza: Icyumba cy’umwana w’umukobwa ngo gifasha abakobwa gutsinda neza

$
0
0

3

58

Abanyeshuri b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye mu karere ka Kayonza bavuga ko gahunda bashyiriweho y’icyumba cy’umukobwa igenda ibafasha mu masomo.

Mbere iyo umukobwa yatungurwaga n’imihango ari ku ishuri yahitaga ataha agasiga abandi bari kwiga bikamuviramo gutsindwa, ariko ubu ngo uwo bibayeho ajya kwitunganya mu cyumba cy’umukobwa akagaruka agakurikirana amasomo kimwe n’abandi.

Uretse kuba rimwe na rimwe hari abafatwaga n’ikimwaro kubera ko biyanduje, ingaruka ikomeye yabaga ku mukobwa watunguwe n’imihango ari ku ishuri ngo ni ugutsindwa nk’uko Gusenga Rachel wiga muri GS Rwimishinya mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza abivuga.

Agira ati “Umuntu yabaga yagiye mu mihango agataha abandi bagasigara biga. Birumvikana iyo wabaga utize ibyo mwarimu yigishije ntiwagitaga ubyumva, bigatuma umuntu atsindwa”

Imwe muri gahunda zashyizweho mu rwego rwo kurwanya ingaruka abana b’abakobwa baterwaga n’iki kibazo, ni gahunda y’icyumba cy’umwana w’umukobwa cyashyizweho muri buri shuri ryisumbuye mu karere ka Kayonza no mu gihugu muri rusange.

Icyo cyumba kiba kirimo ibikoresho by’ibanze by’isuku ndetse n’igitanda umukobwa wagiye mu mihango ashobora kuryamaho akaruhuka igihe yagize ikibazo cyo kuribwa mu nda, by’umwihariko hakaba n’umwarimu ushinzwe gukurikiranira hafi no gutanga ubujyanama ku bagana icyo cyumba.

Abo twavuganye bo mu ishuri ryisumbuye rya Rwimishinya bemeza ko icyo cyumba cyabagiriye akamaro kanini, bakavuga ko kizatuma batsinda neza kuko batagitaha igihe batunguwe n’imihango bari ku ishuri.

Nyiranzikoga Aza wiga mu mwaka wa kabiri muri iryo shuri abisobanura agira ati “Iyi gahunda nk’abana b’abakobwa itugirira umumaro cyane kuko ntabwo umuntu azongera kugirira ikibazo ku ishuri ngo atahe. Aho kiziye umuntu ajyamo akitunganya agasubira mu ishuri, ariko mbere iyo umuntu yajyaga mu mihango yahitaga ataha akaba ahombye ibyo mwarimu yigishije”

N’ubwo aba banyeshuri bemeza ko gahunda icyumba cy’umwana w’umukobwa yagize akamaro kanini, haracyari imbogamizi zikiyibangamira. Ahanini ngo usanga zishingiye ku babyeyi badaha abana ubumenyi bw’ibanze ku bijyanye n’imihindagurikire ya bo, ndetse na bamwe mu bakobwa bajya mu mihango bagatinya kubigaragaza nk’uko Kanamugire Pascal uyobora ishuri rya GS Rwimishinya abivuga.

Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza bubona iki kibazo nk’imbogamizi kuri gahunda y’icyumba cy’umwana w’umukobwa, ariko ngo ntibyoroshye guhita uhindura imyumvire y’abantu mu gihe hakiri ibibazitira bituma batajyana na gahunda zimwe na zimwe uko bikwiye. Umuyobozi w’ako karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Uwibambe Consolee, avuga ko hakorwa ubukangurambaga buhoraho mu rwego rwo guhindura bene iyo myumvire.

Nta mibare ifatika mu karere ka Kayonza igaragaza igipimo cy’imitsindire ku bana b’abakobwa mbere na nyuma y’uko gahunda y’icyumba cy’umukobwa itangira, ariko icyo benshi bahurizaho ni uko imitsindire ku bakobwa igenda izamuka bitewe n’uko batagisiba ishuri nk’uko byahoze mu gihe bagiye mu mihango.

Rulindo: umuganda usoza umwaka wa 2014 watunganyije ahazubakwa ibyumba by’amashuri.

$
0
0

Rulindo: umuganda usoza umwaka wa 2014 watunganyije ahazubakwa ibyumba by’amashuri.

kimwe n’ahandi hose mu Gihugu, kuwa gatandatu w’icyumweru cya nyuma gisoza umwaka mu karere ka rulindo hakozwe umuganda rusange.

Akaba ari  muri urwo rwego umuganda rusange usoza umwaka wa  2014 ku rwego rw’Akarere ka Rulindo ,wabereye mu mirenge yose igize aka karere.

Mu murenge wa Tumba wakorewe ku ishuri ribanza rya Rukore ,aho umuyobozi w’akarere ka  Rulindo yifatanije n’abatuye uyu murenge gutunganya ahazubakwa ibyumba bishya by’amashuri bigomba kuzasimbura ibishaje byari bisanzwe.

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo Bwana KANGWAGYE Justus ndetse n’umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Madamu NIWEMWIZA Emilienne, bari baje kwifatanya n’abaturage bo muri uyu murenge wa Tumba,bafatanije  gucukura imisingi ahazubakwa ibyumba by’amashuri ,bigomba gusimbura ibyumba bishaje abana bazajya bigiramo.

Mu butumwa bwatanzwe mu gusoza uwo muganda ,Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo yibukije abari bitabiriye uwo muganda ,ko bagomba kwita ku isuku, bakarangwa n’isuku mu bikorwa byabo byose bya buri munsi.

Kangwagye  kandi yanabye aba baturage  ko bagomba kubungabunga ibikorwa byose bimaze kugerwaho,bikitabwaho, ndetse bakareba n’ibyo bagezeho ko bakomeza kubibungabunga ,no kubirinda ababyangiza,hakumirwa cyane cyane ingaruka ziterwa n’ibiza mu rwego rwo kubibungabunga.

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo akaba yarasojeje inama yifuriza  abaturage umwaka musha muhire w’2015,abasaba kuzarangwa n’indagagaciro z’ubunyarwanda birinda ibiyobyabwenge,n’amakimbirane mu miryango yabo.

Uyu muganda usoza umwaka wa 2014,kandi wakozwe no mu yindi mirenge yose igize aka karere, uko ari 17, aho abayobozi b’imirenge bafatanije  n’abaturage babo mu  bikorwa bitandukanye biteza igihugu imbere.

Kirehe: Abanyamahangabakomejekuganaamashuriy’u Rwanda

$
0
0
Hariabanyeshuribasigayebaturuka mu bihugubituranyen’urwandabakazakuhiga

Hariabanyeshuribasigayebaturuka mu bihugubituranyen’urwandabakazakuhiga

IshuriAkagera International Schoolrikomejekwakiraabanyeshuribaturutse mu bihugubinyuranyekukogahundairyoshuririgenderahoariiyogutezaimbereuburezikurwegompuzamahanga.

Hariabanyeshuribasigayebaturuka mu bihugubituranyen’urwandabakazakuhiga

Hariabanyeshuribasigayebaturuka mu bihugubituranyen’urwandabakazakuhiga

Iryoshuriryavutsekubitekerezobyabenshi mu babyeyibakomejekwifuzakohashingwaishuriryokurwegompuzamahangamyumayokujyanaabanababo mu bihugubikikije u Rwanda bajyaguhahaubumenyi mu rurimirw’icyongereza.

Ubwotwaganiragan’abanyeshuribashyabaturutse mu bihugubitandukanyebagerakuri 50 n’abandibaturutse mu mpandezosez’u Rwanda bari mu mahugurwayokwimenyerezaubuzimabw’icyokigomberey’ukobatangiraumwakaw’amashuri 2015 bavugakobishimiyekwiga mu gihugucy’u Rwanda by’umwiharikomuriAkagera International School.

Levant Bile waturutse mu gihugucyaTanzaniyaajekwiga mu mwakawamberew’amashuriyisumbuyeavugakoyaje mu ishuriAkagera International School nyumayukoababyeyi be bakurikiranyeimikorerey’icyokigobaragishima.

Ati“nje mu Rwanda muriAkagera International School niikigoababyeyibampitiyemonyumayokumvakogitangaubumenyiburenzeubwo mu mashuriyaTanzaniyakandinanjye mu minsi mike nkimazemonagikunzeniteguyekugikuramoubumenyibuzamfasha mu miberehoyanjye”.

AkimanaSavyawaturutse mu gihugucy’Uburundiaravugakoaje mu Rwanda mu Akagera International Schoolajekongeraubumenyi no kumenyanezaibijyanyen’umucow’u Rwanda.

Ati“naturutse mu gihugucy’Uburundi Province Bujumbura,ababyeyibakababanzanyehanokwigaicyonereza, igifaransa, ubumenyibwisin’andimasomo, ndabyishimiyebigishanezakandindashaka no kumenyaumucow’u Rwandakukoniigihugucyiza”.

Imikorerey’ikigoAkagera International School

NkukotwabitangarijwenaGahutuSalimuushinzweimyigiren’imyigishirizemuriiryoshuriavugakoimpamvuababyeyibo mu tureredutandukanye mu Rwanda no hanzey’u Rwanda bitabirakoherezaabanamuriirishuriariukobamazekumenyanezaubumenyibutangwa.

Yavuzekombere mu Rwanda hariikibazocy’uruzimirw’icyongerezaababyeyibagahitamokujyanaabanababo mu bihugubikikije u Rwanda bijyanyenukobyadutambutse mu rurimirw’icyongereza,nibwoababyeyibifujekohajyahoishuriritangaubumenyibwimbitsemuriurworurimiishuriritangira mu mwaka wa2012.

Yakomejeavugakohamazegushingwairyoshuriababyeyibariyobotsearibenshiboherezaabanabigeranahoibihugubikikije u Rwanda nabyobyoherezaabanakuhigira.

Ati“Ishuririkimaragushingwaryabonyeabanyeshuri baba abaturuka mu Rwanda ndetse no hanzey’u Rwanda nka Uganda, Kenya, Tanzaniya, Kongon’Uburundin’ibindinyumayokumenyaubureziishuriritanga, uyumwakaw’amashuri 2015 tumazekwakira 132 harimoabanyamahanga 42 arikoharin’abandidutegerejebaturuka mu bihugubinyuranyebagerakuri 50, ababyeyitwaravuganyebarahagerauyumunsicyangwaejo”.

Yavuzekoibangaryokubabaganairyoshuriariiremerw’ubureziburitangirwamo, abarimubabishoboye, gufataabananezababakurikirana mu masomo no hanzey’ayo mu rwegorwokubatozakugiraikinyabupfuran’imyifatiremyizaibyobigatuman’imitsindireijyakurwegorushimishije.

Mu guteraabanaumurava mu myigireumunyeshuriubayeuwambere mu bizaminibyaLetakuriicyokigoagurirwaibikoreshobyoseumunyeshuriakeneraakarihirwan’amafarangay’ishuriumwakawose.

KakuzeGrace wabayeuwambere mu kizaminicyaLetagisozaamashuriabanzaavugakon’ubwoyahaweikigocyizangoatazava mu ishuriAkagera International school.

Ati“mukizaminicyaLetanabayeuwamberemuriikikigo, ububampitiyemoikigocyizaarikondumvanzigumirahanokukoikikigondagikundacyanesinakivamobatangaubumenyibwishi. Ibangankoreshamu mitsindirenukonisanzurakurimwarimunkamubazaibyontumva”.

Akagera International school niishuriryashinzwe 2012 rifiteabanyeshuribarenga 400 abanyamahangabarakabakaba 100. Intumberoy’iryoshuriniugutangaubumenyibufiteiremekukwegompuzamahanga.

Huye: ikigo cy’amashuri abanza kigomba kugira ubwogero buzajya bwifashishwa n’abana baje basa nabi

$
0
0

Huye ikigo cy’amashuri abanza kigomba kugira ubwogero buzajya bwifashishwa n’abana baje basa nabi

Guhera mu gihembwe cy’amashuri kizatangira tariki 26/1/2015, buri kigo cy’amashuri abanza cyo mu karere ka Huye kizagira ubwogero buzajya bwifashishwa mu isuku y’abana baje basa nabi. Ibi byemejwe mu nama yahuje umuyobozi w’akarere ka Huye n’abayobozi b’ibigo by’amashuri byo muri aka karere, mu nama bagiranye ku itariki ya 23/1/2015.

Mu gushyira mu bikorwa iyi gahunda, ngo abana bazajya babanza barebwe isuku  mbere yo kwinjira mu ishuri: abaje batoze cyangwa batameshe bashyirwe ku ruhande, hanyuma bajye kuhagirirwa mu bwiyuhagiriro buri ku bigo byabo.

Umuyobozi w’akarere ka Huye, Eugène Kayiranga Muzuka, avuga ko ubu ari n’uburyo bwo gutuma abana bazajya bita ku isuku yabo ubwabo. Agira ati “niba uyu munsi umwana bamukarabije, ejo ntabwo azemera ko bongera kumukarabya, azava mu rugo yabyikoreye. Kuko burya abana na bo banga guseba.”

Abayobozi b’ibigo bavuga ko iki cyumba kizaba ingirakamaro. Bellancilla Mukamurenzi, umuyobozi wa G.S Maza iherereye mu murenge wa Kinazi agira ati « Mu gihe mbere wenda washoboraga kubona umwana yaje asa nabi ukamusubiza mu rugo ngo ajye kwisukura, ubu noneho azajya afashirizwa ku ishuri hanyuma abashe gusubira mu ishuri adataye igihe.”

Dan Byringiro uyobora G.S Butare Catholique iherereye mu mugi wa Butare, na we ati “iki cyumba kizadufasha kunganira umubyeyi ufite intege nke mu gusukura umwana we. Ubundi duhora tubibashishikariza, ariko burya abantu bose ntibumva ibintu kimwe.”

Ese ubundi aba bana bazajya bozwa na nde ? Diregiteri Dan Byiringiro ati ”uwakarabya uwo mwana … umwarimu agomba kubigiramo uruhare. Yagena umwana wiga muwa gatandatu cyangwa undi wiga mu rindi shuri ukuze, ariko umwarimu na we ari hafi aho…”

Iyi gahunda yo kugira ubwogero ku ishuri ngo ntizagorana kuko n’ubundi ibigo by’amashuri bisanganywe icyumba cyagenewe isuku y’abana b’abakobwa, ibikoresho byo kwifashishwa bakaba babisanganywe.

Hari n’ibigo byari bisanzwe byita ku bana baje basa nabi. Ikigo cy’amashuri abanza cya Ngoma ni kimwe muri byo. Umuyobozi wacyo Jeanne d’Arc Uwizeyimana ati “Hariho umukozi w’isuku ku kigo. Iyo umwana waje asa nabi ari umwe, turamumuha akamwuhagira.”

Akomeza agira ati “n’iyo imyenda ye isa nabi, ku ishuri hakaba hari iniforume ya kabiri, turayimutiza akaba ayambaye imyenda ye ikameswa, hanyuma imyenda ye yakuma akongera akayambara.’

N’ubwo basabwe kandi bakiyemerera kuzajya basukura abana baje basa nabi, abayobozi b’ibigo by’amashuri bahora basaba ababyeyi kugirira abana babo isuku.

Diregitirise Uwizeyimana yongera kubibibutsa agira ati “Twifuza ko buri mubyeyi yamenya umwana we, ntarebe kumugaburira gusa, akajya amenya yuko yabyutse, akareba imyambaro yambaye, kuko hari benshi batajya bareba imyambaro y’abana babo, umwana uko yakabyutse, ari inkari, ari iki, ukabona araje atanakarabye mu maso.”

Binateganyijwe ko uretse gusukura umwana waje ku ishuri asa nabi, ibigo by’amashuri bizajya bikorana n’inzego z’ibanze, ku buryo n’isuku y’ababyeyi be izajya ikurikiranwa.

Nyamasheke: Bagiye guhagurukira ikibazo cy’abana bata ishuri bakajyanwa mu burobyi

$
0
0

Nyamasheke district

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko buhangayikishijwe kandi ko buri gihe gutangira kugira icyo bukora ku birebana n’abana bata amashuri bakajya cyane mu burobyi abandi bakajya kurinda imirima y’umuceri mu gihe abandi bajyanwa gusoroma ibyayi.

Ubuyobozi bw’akarere butangaza ibi nyuma y’uko muri iyi minsi havugwa umubare utari muto w’abana bashyirwa mu makipi y’uburobyi kugira ngo bafashe ababyeyi babo mu kuroba amafi cyangwa isambaza ndetse bamwe bagakoreshwa n’abantu  bafite amato ku nyungu zabo, mu kiyaga cya kivu.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, by’agateganyo, Bahizi Charles, asanga ikibazo cy’abana bata amashuri bakajya gukora imirimo itandukanye ari ikibazo gikwiye guhagurikirwa n’inzego zose, zaba iz’ubuyobozi cyangwa iz’umutekano, mu rwego rwo gusigasira ubuzima bwiza bw’abana ejo hazaza.

Agira ati “tugiye guhagurukira iki kibazo dufatanyije n’inzego zose bireba kugira ngo uyu muco wo kujyana abana ku makipe y’uburobyi bw’isambaza cyangwa mu mirima y’ibyayi uhagarare, umwana agomba kujya ku ishuri ku nyungu ze z’ubuzima bw’ejo hazaza n’ah’igihugu”.

Bahizi avuga ko bitazagarukira mu kubuza abantu bajyana abana mu mirimo itandukanye bakabatesha kujya kwiga, kuko bazafata n’ibihano bikarishye kugira ngo n’uzongera kubikora  azabiboneremo isomo n’abandi bazigiraho.

Agira ati “tuzabanza tubigishe tuganire na bo dufate ingamba ariko kandi tuzashyiraho  n’ibihano bikomeye k’uwo bizagaragaraho ko akoresha abana, kugira ngo n’abandi barebereho ko bidakwiye gukoresha umwana ibintu bitandukanye  na gahunda za leta”.

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko bugiye kujya mu biganiro n’ibigo bivugwamo iki kibazo cyo gukoresha abana ahantu hatandukanye kugira ngo iki kibazo gicike burundu.

 Kugeza ubu nta mubare uzwi uratangazwa w’abana bamaze guta amashuri bakajya gukora mu mirimo itandukanye irimo kurinda imirima y’umuceri, kuroba no gusoroma icyayi, n’ubwo bivugwa ari ikibazo kimaze gufata intera ikomeye.


Gakenke: Akarere kahagurukiye ikibazo cy’abana bata ishuri

$
0
0

Gakenke: Akarere kahagurukiye ikibazo cy’abana bata ishuri

Nubwo nta mubare nyawo uramenyekana w’abana batagarutse ku mashuri yabo muri uyu mwaka w’amashuri ngo ni kibazo gifite umuvuduko udasanzwe kuko hari ibigo by’amashuri usanga umwarimu ahagaze imbere y’abanyeshuri batarenze 5 kandi nyamara nta hantu hazwi abana bagiye.

Gakenke: Akarere kahagurukiye ikibazo cy’abana bata ishuri

Nyuma y’uko mu mwaka ushize w’amashuri akarere ka Gakenke katatsindishije neza nkuko byari bisanzwe bigenda mu myaka yayibanjirije ubuyobozi bwafashe gahunda yo kujya basura ibigo by’amashuri babatunguye kugirango bamenye ibitagenda ari nabwo batahuye ikibazo cy’uko hari abana bataye ishuri.

Umuyobozi w’akarere ka Gakenke wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Zephyrin Ntakirutimana avuga ko nyuma yo gutungura bimwe mu bigo by’amashuri bagiye basanga hari abana bigaga mubigo by’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 batagarutse bituma batumiza inama igitaraganya kugirango bagarurwe mu ishuri kuburyo hari n’ingamba bafashe

Agira ati “hashobora kuba hari abana bagiye mu bindi bigo ariko aho bigaga nibabimenye, abandi bakajya mu mashuri y’imyuga nabo nibabashe gukurikirwanwa ngo bimenyekane, ingamba rero twafashe nuko abana bagiye mubindi bigo bagomba  kumenyekana aho bari, abagiye mu mashuri y’imyuga nabyo bikamenyekana n’abakiri mungo iwabo bakamenyekana kuburyo bahita bagarurwa mu ishuri”

Bino bikazakorwa bitarenze igihembwe cya 2 kandi bikajyana nuko abayobozi bagomba kurushaho kumenya inshingano zabo kuko hari abayobozi bagenda baziteshyukaho kuburyo bamara igihe kirenze imyaka 3 imitsindishirize yabo irihasi bakaba baburiwe ko batazihanganirwa kuko bazasimbuzwa abandi bashoboye

Abayobozi bibigo by’amashuri bavuga ko abana baramutse bavuye mu ishuri bajya bagaragara mu dusantere tw’iwabo kuko ntacyo baba bafite bakora kuba batahaboneka bigatuma bashimangira ko bahinduye ibigo abandi bakajya kwiga mu mashuri y’imyuga

Nubwo ariko bavuga ibi ngo amashuri y’imyuga nayo afite ikibazo cy’abanyeshuri kuburyo hari nashobora kuzafunga bitewe no kubura abanyeshuri

Ikijyanye no kuzamura ireme ry’uburezi bose bagihuriraho kuburyo hari n’ingamba batahanye nyuma y’inama yabahuje n’ubuyobozi nkuko Protais Niyonzima umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Kamina abyemeza

Ati “twafashe ingamba cyane cyane zokwongera imikoro duha abana, tukongera na motivation duha abana kuko nibyiza ko umwana yiga yumva ibyo yiga anabishaka kandi abikunze atari ukubimuhata noneho n’abarimu bakarushaho kugenda bategura bananoza amasomo biga”

Mu karere ka Gakenke umwaka w’amashuri wa 2014 mu mashuri abanza batsindishije kukigereranyo cya 66.5%, mu gihe icyikiro cya mbere cy’ayisumbuye bageze kuri 79.5% naho abasozaga amashuri yisumbuye bagera 89.5%.

Gakenke in a campaign to curb dropout rate

$
0
0

Just as it takes a village to raise a child, Gakenke has launched an innovative campaign for reducing district’s alarming student dropout rates.

Gakenke in a campaign to curb dropout rate

The education meeting focused on strategies of improving quality education

Zephyrin Ntakirutimana, the Vice Mayor for Social affairs said the aim of this campaign is to ensure that kids are headed in the right direction and not falling into the trap of a life of crime and poverty.

“Staying in school is one of our best crime prevention tools, and it requires the collaborative efforts of all of us to make it happen.” he said.

He also explained that schools should be citadels of learning. We don’t have to wait to see our schools becoming dropout factories, if we don’t reverse this trend soon, it will take a devastating toll on our district”

Gatsibo: abanyeshuli b’abakobwa bavuga ko icyumba bateganyirijwe kibafasha mu myigire yabo

$
0
0

3

Colege ADEGI Gituza ni imwe mu bigo byatangiye gushyira mu bikorwa gahunda y’icyumba cy’umwana w’umukobwa

Abanyeshuli b’abakobwa bageze mu gihe cy’ubwangavu bo mu karere ka Gatsibo biga mu mashuli yisumbuye, bavuga ko icyumba bateganyirijwe muri gahunda yiswe icyumba cy’umwana w’umukobwa, kibafasha mu myigire yabo ndetse no kwiyitaho ku bijyanye n’isuku yabo ya buri munsi, kuko bitabatwara umwanya mu nini wo kwiyitaho iyo bageze mu gihe cy’imihango.

Bamwe muri abo banyeshuli twaganiriye, batubwiye ko iyi gahunda y’icyumba cy’umukobwa icya mbere ibafasha ari uko mu gihe bageze mu kwezi k’umukobwa, bitababuza amasomo kuko icyumba giherereye mu kigo rwagati hafi n’ibyumba byamashuli, bityo ntibibatwarae igihe kinini bita ku isuku yabo.

Iradukunda Solange, yiga mu mwaka wa gatandatu muri Colege ADEGI Gituza, iri shuli riherereye mu Murenge wa Gitoki, agira ati:” Iyi gahunda iradufasha cyane kuko ituma tubasha gukurikira amasomo yacu neza nta kindi kintu kiduhangayikishije bigatuma tubasha gutsinda neza.”

Mukamasabo Florence nawe ni umwe mu banyeshuli twabashije kuganira, kimwe na mugenzi we yemeza ko iyi gahunda ituma bashobora gukurikira amasomo neza nta kibarangaza, gusa ngo ikibazo bagifite ni uko ibi byumba usanga bishaje bakaba basaba ubuyobozi bw’ikigo kubasanira ibyo byumba.

Umuyobozi ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuli muri Colege ADEGI Gituza Nyiraneza Beatrice, avuga ko iki cyumba cyujuje ibyangombwa byose bisabwa kugira ngo umukobwa abashe kwita ku isuku ye bihagije, gusa ngo icyo kibazo cy’uko ibi byumba bishaje barakizi bakaba bateganya kubisana vuba.

Umukozi ushinzwe uburezi mu karere ka Gatsibo Rutebuka Frederique, avuga ko gahunda y’icyumba cy’umwana w’umukobwa ubu yamaze kugera mu bigo by’amashuli byose ngo ikibura ni uko hose hataragera inyubako yihariye izakorerwamo iyo serivisi, kuko kugeza ubu hifashishwa inyubako zagenewe ibindi bikorwa kugira ngo iyo serivisi ibashe gushyirwa mu bikorwa.

Gicumbi – Abatera inda abana b’abakobwa batarageza imyaka y’ubukure bagiye guhagurukirwa

$
0
0
Aha yaravuye gufata ibasi umushinga wa wolrd vision imuhaye

Aha yaravuye gufata ibasi umushinga wa wolrd vision imuhaye

Umubare w’abana b’abakobwa batwara inda zitateganyijwe ukomeje kwiyongera mu karere ka Gicumbi ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi bwahagurukiye iki kibazo ariko ngo abasambanya abana b’abakobwa batarageza imyaka y’ubukure ngo ntabwo bazihanganirwa.

Ibi byagarutsweho n’umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuyekure Alexandre tariki ya 3/4/2015 nyuma yo kumenya ko hari abana b’abakobwa babarizwa mu murenge wa Rutare babyaye batewe inda batarageza imyaka y’ubukure.

Uyu mwan w’umukobwa yabyaye afite imyaka 16 nyuma asubira mu ishuri

Uyu mwan w’umukobwa yabyaye afite imyaka 16 nyuma asubira mu ishuri

Umuyobozi avuga ko ubundi umwana wese utarageza imyaka y’ubukure 18 afatwa nk’umuntu utaragira ibitekerezo bityo umuntu wese wamushuka akamukoresha imibonano mpuzabitsina ndetse akaba yamutera inda ko nta kindi ubuyobozi buzakora uretse kumushyikiriza inzego z’ubutabera.

Bamwe mubana babyaye batagejeje imyaka y’ubukure bo mu murenge wa Rutare bavuga ko ababateye inda batigeze bagira icyo babafasha mu kurera umwana.

Umwe muri abo bana utashatse ko amazina ye ashyirwa mu itangazamakuru avuga ko ngo umusore wamuteye inda yiga mu mashuri yisumbuye mu mwaka wa 4, bituma ahagarika amasomo ye.

Gusa ngo nyuma yo kubyara yaje gusubira mu ishuri ubu ababyeyi be bakaba aribo bari kumufasha kurera uwo mwana.

Undi mwana nawe twahaye izina ry’uwizeyimana avuga ko yagiye gusura umuhungu akamukingirana ku ngufu agahita amugira umugore.

Ku myaka 17 gusa afite ngo ubuzima bw’urugo bwaramukomereye ku buryo atabasha kurera umwana afatanyije n’imirimo y’urugo.

Kuri we yumva ababyeyi be baramutse bemeye ku mwakira ngo yasubira murugo akaba nabo.

Gusa umusore wamuteye inda ngo ubu barabana nk’umugore n’umugabo n’ubwo umugabo we nawe adafite imyaka y’ubukure imwemerera gushaka kuko ngo ubu afite imyaka 20 gusa.

Ikibazo cy’abana bata ishuri bagakora imirimo igoranye kiracyaboneka

$
0
0
Bamwe mubana birirwa mu ngo aho kujya ku mashuri

Bamwe mubana birirwa mu ngo aho kujya ku mashuri

Mu mwaka wa 2014 abana babarirwa muri 646 nibo batangazwa n’akarere ko bavuye mu ishuri bakajya mu mirimo itandukanye.

umuryonga ADEPE ufatanyije n’ubuyobozi bwa Leta ukaba uvuga ko watangiye igikorwa cyo gufasha abana bavuye mu ishuri kurisubiramo bakava mu mirimo igoranye barimo.

Mu turere duhingwamo icyayi niho habonetse icyo kibazo cy’abana bava mu ishuri bakajya gukora mu cyayi kuko habarurwa abana 2000 bakoreshwa mu mirimo yo gusarura no kwita ku cyayi.

Bamwe mu bana bava mu miryango ikennye bavuga ko bata amashuri bagiye gushaka ibikoresho bagera mu kazi bigatuma badasubira ku mashuri.

Mu murenge wa Nyundo ku bigo bya  bya centre scolaire Kamugarura na groupe scolaire Mukondo  habarurwa abana 100 biga mu mashuri abanza bakora mu cyayi no kwita ku bisheke bikababuza kwiga, cyakora umuryango ADEPE uvuga ko uteganya kubaha ibikoresho bagasubira ku mashuri.

Rubavu bamwe mubana bava mu ishuri kugirango barere barumuna babo

Rubavu bamwe mubana bava mu ishuri kugirango barere barumuna babo

Mu karere ka Rubavu mu mirenge yegereye ahahingwa icyayi n’ibisheke biteganyijwe ko abana 2225 bazashyikirizwa ibikoresho mu kubakundisha ishuri.

Umukozi wa ADEPE Mwiseneza antoinette akavuga ko abana benshi bava mu mashuri bitwaza kubura ibikoresho bazabihabwa kugira ngo basubire ku masomo, naho ahari imyumvire micye hakaba hacyenewe ubukangurambaga mu gushishikariza abana gukunda ishuri hamwe no kwigisha ababyeyi gushisikariza abana kujya ku masomo.

Nkuko byagaragaye mu cyegeranyo cyakozwe mu ibarura riheruka  mu mwaka wa 2012 mu karere ka rubavu abana bari mu mashuri yisumbuye bari hagati y’imyaka 13 na 18 bagera kuri 70.6%, mu gihe abitabira amashuri abanza bari 81.8%.

Nyagatare: Ibirombe by’amabuye bigikoresha abana biraza guhagarikwa-Nkundimana

$
0
0
Aba bana bahinda amabuye umwe yataye ishuri undi ariga.

Aba bana bahinda amabuye umwe yataye ishuri undi ariga.

Mu gihe abana bakora mu kirombe cy’amabuye mu mudugudu wa Ruhuha ya 2 akagari ka Bushoga umurenge wa Nyagatare bavuga ko bajyanwayo no kwikemurira ibibazo birimo n’ibikoresho by’ishuri, ubugenzuzi bw’umurimo mu karere ka Nyagatare buvuga imirimo yo gucukura no guhonda amabuye itemewe ku muntu utarengeje imyaka 18 y’amavuko ngo umukoresha ubirenzeho ikirombe cye kirahagarikwa.

Abana bakora muri iki kirombe bamwe bariga. Umwe twaganiriye tutifuje gutangaza amazina ye, yiga mu mwaka wa 2 w’amashuri abanza. Afite imyaka 13 y’amavuko. Asimburanya guhonda amabuye no kwiga bitewe n’igihe ari bugire ku ishuri. Rimwe igitondo ubundi ikigoroba. Avuga ko amafaranga ijana cyangwa ijana na mirongo itanu akorera ku munsi amufasha kwigurira ibikoresho by’ishuri.

Umukobwa w’imyaka 15 we yataye ishuri ageze mu mwaka wa 6 w’amashuri abanza ngo kubera kubura imyambaro y’ishuri. Avuga ko abonye ubushobozi yasubira ku ishuri gusa ngo nta kizere kuko ababyeyi batishoboye. Yihonze urutoki ahonda amabuye. Yemeza ko aka kazi atakareka kuko akuramo ibyo yifuza byose.

Abantu bakuru nibo baha abana akazi ko kubahondera amabuye ubundi ababyeyi babo.

Abantu bakuru nibo baha abana akazi ko kubahondera amabuye ubundi ababyeyi babo.

Nkundimana Obess umugenzuzi w’umurimo mu karere ka Nyagatare avuga ko kizira kikaziririzwa gukoresha abana imirimo nk’iyo yo guhonda amabuye. Ubundi ngo iyo bimenyekanye icyo kirombe gihita gihagarikwa rwiyemezamirimo akabanza gukemura icyo kibazo.

Nyamara bamwe mu bantu bakuru bakorana n’aba bana rimwe na rimwe bakaba aribo babaha akazi n’ubwo babihakaniye umunyamakuru wa Kigalitoday kuri uyu wa 04 Kamena ubwo yabasuraga, bavuga ko aba bana bahora babirukana ariko banze gucika mu kirombe. Basirikare Jean Paul avuga ko bagerageje kwirukana abana mu kirombe ariko babananiye ariko nanone akavuga ko kuba bakoramo nta kibazo abibonamo ngo kuko nta mpanuka ziberamo.

Ubwo twakoraga iyi nkuru twamenyeshejwe ko ubuyobozi bw’iki kirombe bwafashe ingamba zo guhanisha umuntu wese ukoresha umwana muri iki kirombe amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 5 hagamijwe gukumira ko hari abana bakongera guhabwamo akazi.

 

Nyaruguru: Icyumba cy’umukobwa cyagabanyije umubare w’abava mu ishuri

$
0
0

Icyumba cy’umukobwa cyagabanyije umubare w’abava mu ishuri

Bamwe mu bana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuyemu karere ka Nyaruguru,  baratangaza ko gahunda y’icyumba cy’umukobwa yashyiriweho abana b’abakobwa yatumye umubare w’abavaga mu ishuri ugabanuka.

Icyumba cy’umukobwa cyagabanyije umubare w’abava mu ishuri

Muri iyi gahunda, buri kigo cy’ishuri kigira icyumba kibamo ibikoresho by’isuku, kuburyo umukobwa uhuye n’ikibazo cyo kujya mu mihango atabyiteguye ajya muri cya cyumba akisukura ubundi agakomeza amasomo.

Icyumba cy’umukobwa cyagabanyije umubare w’abava mu ishuri

Muhorakeye Alice wiga mu rwunge rw’amashuri rwa Kibangu, mu murenge wa Ngoma avuga ko mbere y’uko iki cyumba gishyirwaho ngo abana benshi b’abakobwa bageraga mu gihe cy’imihango ntibaze kwiga, cyangwa se ngo abahuye n’icyo kibazo bari ku ishuri bagahita bataha bakazagaruka ari uko icyo gihe kirangiye ndetse akenshi ngo ntibanagaruke.

Ati:” Hari igihe umuntu yajyaga mu mihango akiyanduza atabizi, yahaguruka abandi bakamuseka bikamuviramo guhita ataha ntazagaruke kwiga”.

Muhorakeye avuga ko ubu ngo icyo kibazo kitakibaho, kuko ngo ugize ikibazo cyo kujya mu mihango ahita ajya muri icyo cyumba agahabwa ubufasha ubundi akagaruka mu ishuri adataye amasomo ye.

Nishimwe Claudine nawe wiga mu rwunge rw’amashuri rwa Kibangu avuga ko mbere abakobwa bagiraga isoni zo kujya mur iki cyumba, gusa ngo kuri ubu basigaye baratinyutse kuburyo nta muntu ugihura n’ikibazo ngo atinye kujyamo.

Agira ati:” Hari abatinyaga kujyamo kubera isoni z’abantu bababona bajyayo bakibaza icyo bagiye gukorayo, ariko ubu ntitugitinya ugize ikibazo wese ajyamo”.

Umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Kibangu Nizeyimana Sylvestre avuga ko umubare w’abana b’abakobwa bataga amashuri kubera kujya mu mihango ubu ngo wagabanutse, akavuga ko iki cyumba cyagize uruhare rugaragara.

Ati:” Ntitwakwemeza neza ko nta bana bagita ishuri bitewe no kujya mu mihango, ariko ikigaragara ni uko umubare wabavaga mu ishuri cyangwa bagasiba wagabanutse ku buryo bugaragara”.

Uyu muyobozi kandi nawe yemeza ko mbere habanje kuba ikibazo cy’abakobwa batinyaga kujya muri iki cyumba, kubera isoni, ariko akavuga ko ubu ngo basigaye baratinyutse kubera kwigishwa, kandi ngo n’ubufasha bahaherwa bukaba butuma n’uwagira ikibazo ari mu rugo yihutira kuza ku ishuri kugirango abe ariho afashirizwa kuko ngo aha ku ishuri bafashanya nk’abari mu muryango.


Butaka bahagurukiye ikibazo cy’abana b’abakobwa bata amashuri bakishyingira

$
0
0
Kubera ubutaka bwiza abagabo bituma bashaka abagore benshi

Kubera ubutaka bwiza abagabo bituma bashaka abagore benshi

Bamwe mubaturage ba Butaka baganira ku kibazo cy’ubuharike no gushyingira abana batarageza ubukure

Bamwe mubaturage ba Butaka baganira ku kibazo cy’ubuharike no gushyingira abana batarageza ubukure

Semagori Celestin umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Butaka umurenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu avuga ko bahagurukiye ikibazo cy’abana b’abakobwa bata amashuri bakishyingira batarageza imyaka y’ubukure.

Aganira n’abaturage mu nama yabaye tariki 5 Kamena 2015, Semagori yagaragaje ko ababyeyi bashyigikira abana bashakana batarageza imyaka bazajya abibazwa kuko baba bahemukiye abana bashaka ndetse bagatera ibibazo ubuyobozi bitewe n’imanza ziboneka nyuma yo gushyirwa.

Mu murenge wa Bugeshi ikibazo cy’abana b’abakobwa bata amashuri bakishyingira abagabo cyabonetse cyane mu mwaka wa 2014, aho ubuyobozi bwahagurukiye kujya bibutsa ababyeyi kwirinda gushyingira abana bakiri bato.

Bamwe mubaturage twaganiriye, bavuga ko kubera ubutaka bwera n’ibihe by’imvura bihoraho abaturage begereye ishyamba ry’ibirunga bahora bahinga  kandi bakeza bigatuma bagira amafaranga maze abagabo bakumva ntakindi bayakoresha uretse gushaka abagore benshi, ikintu bafata nk’ubutunzi.

Twizere Innocent umuturage mu kagari ka Butaka, afite abagore babiri avuga ko yashatse nawe ubwe atabiteganyije kuko mu 1994 yahunganye n’umugore bagera mu mashyamba ya Kongo bagatandukana akagira ngo yarapfuye agasha undi, yatahuka agasanga umugore wa mbere yaratahutse agahitamo kubatunga bombi.

Twizere, avuga ko uretse ikibazo cyamubayeho harin’abagabo bashaka abagore benshi bibwira ko ari ubukungu cyangwa igitinyiro, gusa avuga ko bigira ingaruka iyo ubushobozi bugabanutse ibibazo biravuka ndetse n’amakimbirane akaza.

Semagori Celestin umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Butaka avuga ko bahagurukiye guca ubuharike no guca umuco w’abana b’abakobwa bishyingira bashingiye uko babona abashatse babayeho kuko bagomba kubanza kwiga no kugira imyaka y’ubukure.

Semagori avuga ko ingaruka ziboneka mu kwishyingira ari uguteza umutekano mucye kuko baba bubatse ingo batabiteguye ku buryo iyo habaye ikibazo hataboneka n’uburyo bwo gufata ingamba mu kubikumira.

Parents in Nyagatare district warned of child labour

$
0
0

Authorities in Nyagatare District are calling on residents to avoid employing children in hard labour.

The warning follows recent reports which shows that underage children in the district were still employed in mining sites as well as in homes.

 C:\Users\ntg3\Downloads\articlesforuploadingyellow

At a workshop organised to sensitise the population about children’s rights and the dangers of child labour, Obess Nkundimana, the in-charge of labour in Nyagatare, reaffirmed the district’s commitment to stop child labour.

“This training is meant for anyone with access to a child’s life in the community. Change will only come if every resident starts seeing child labour as a hindrance to national development,” said Ndikumana.

The official singled out the school dropout rate, child criminality and poor academic performance, among the impacts of child labour.

Parents and guardians in Nyagatare District have been cautioned against child labour

Parents and guardians in Nyagatare District have been cautioned against child labour

Lack of family planning, poverty and ignorance were also highlighted as the major causes of child labour.

He listed punitive measures for those found employing children.

Punishments include a prison sentence ranging from six months to 20 years or a fine of between Rwf 500,000 to Rfw5 million for anyone found guilty of employing a child below 18 years.

Rutsiro: mu bana b’abakobwa 30, babiri nibo bakiri amasugi

$
0
0

Photo1: Abakozi ba Handicap International baganiriza abanyamakuru mu cyumweru gishize

Umuryango mpuzamahanga wita ku bafite ubumuga n’ibindi bibazo bijyanye n’imibereho, Handicap International, uraburira Leta n’abanyarwanda muri rusange ko imibonano mpuzabitsina  n’ibiyobyabwenge bikomeje kwangiza urubyiruko cyane cyane abangavu n’ingimbi.

Mu nyigo za Handicap zakorewe mu karere ka Rutsiro muri uyu mwaka, hari iyagaragaje ko kuri kimwe mu bigo by’amashuri biri muri ako karere, hapimwe abana b’abakobwa b’abangavu 30, aho 28 muri bo ngo bagaragaweho ibimenyetso ko bakoze imibonano mpuzabitsina batararenza imyaka 17.

“Twasanze abana benshi cyane cyane abiga mu mashuri abanza, bahura n’ihohoterwa ariko ababyeyi bakaba batabimenya”, nk’uko byatangajwe na Karangwa Charles, Umuyobozi w’umushinga wa Handicap ushinzwe gukumira no kurwanya ihohoterwa.

Yavuze ko iki kibazo n’ubwo cyagaragaye mu karere ka Rutsiro, ngo cyaba kiri mu gihugu hose haramutse hakozwe ubushakashatsi. Abana b’abakobwa kandi ngo bakomeje guta amashuri bagatahana inda ari benshi, aho nta murenge mu yakorewemo ubushakatsi ngo wigeze ugira abatwaye inda bari munsi ya 450.

Kunywa ibiyobyabwenge k’urubyiruko birashyirwa muri zimwe mu mpamvu z’ingenzi zaba ari imbarutso yo gutera cyangwa guterwa inda zitifuzwa.

Handicap International ikavuga ko iri ari ihohoterwa rishingiye ku myaka kuko ngo nta kuntu umwana w’umukobwa utararenza imyaka 17 yaba umubyeyi w’undi mwana.

Abana n’abantu bashaje ngo nibo bibasiwe n’ihohoterwa rishingiye ku myaka kuko badashoboye kwivuganira no kwirwanirira, ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikaba rikorerwa cyane cyane abakobwa n’abagore, ariko hakaba n’irishingiye ku bumuga, nk’uko Karangwa abisobanura.

Ababyeyi ngo babaye ba ntibindeba n’ubwo hari n’abavuga ko abana ari bo babananiye, ariko ku rundi ruhande abana bakaba batererana  abantu bashaje ntibabone ubitaho.

Inyigo yakozwe  na Ministeri y’ubuzima mu mwaka wa 2009, ngo yagaragazaga ko  79.4% by’abanyarwanda bahuye n’ikibazo kibahungabanya, ndetse 28.5 % bakaba bari bafite ihungabana. Ibi ngo ni indi mpamvu y’iri hohoterwa nk’uko Handicacap ibisobanura.

Zimwe mu ngaruka zituruka mu bikorwa by’ihohoterwa zikaba ari impfubyi zibana, abana b’inzezererezi, abapfakazi n’intabwa, abakobwa babyarira iwabo, abantu bafite ubumuga butandukanye, abagore bacururiza ku muhanda. Ngo hagomba ubukangurambaga bukomeye kugira ngo amategeko yubahirizwe nk’uko Handicap ijya inama.

Ngororero: Abana 39 bataye ishuli bafatiwe mu mukwabu barisubizwamo

$
0
0

Ikibazo cyo gusubiza abana mu ishuli ntikirakemuka burundu mu murenge wa Ngororero ari nawo wubatsemo icyicaro cy’Akarere. Ku minsi y’isoko nibwo bigaragara aho abana bahitamo kwikorera imizigo inyuranye bakarema isoko. Mu gukemura iki kibazo hakunze gukorwa imikwabu ugasanga imibare igaragaza ko hakiri intambwe ikeneye guterwa.

Ni muri urwo rwego kuwa 20 Nyakanga 2015,  inzego z’uburezi mu murenge wa Ngororero zafatanije n’iz’umutekano mu gikorwa cyo gutahura abana bataye ishuli bakajya mu bikorwa byo gukorera amafaranga.

Uwo mukwabu wasanze abana 39 bararivuyemo barimo abakobwa 17 n’abahungu 22. Naho abana 80 barimo abakobwa 23 n’abahungu 57 basanzwe biga bari basibye ishuli kuri uwo munsi. Muri icyo gikorwa nanone hafatiwemo inzererezi z’urubyiruko 15.

Ababyeyi bagira uruhare mu gucikiriza amashuli kw’abana babo.

Ababyeyi bagira uruhare mu gucikiriza amashuli kw’abana babo.

Nk’uko umuyobozi w’uburezi muri uyu murenge bwana Mugengana Ildegard yabitangarije, urugamba rwo gusubiza abana mw’ishuri rurareba impande zose baba abayobozi, abarezi n’ababyeyi.

Ababyeyi batungwa agatoki by’umwihariko kuko kuba abana bata ishuli bakarema isoko baba babatwaje imizigo. Abana iyo bafashwe mu gitondo bavuga ko bari bwige nyuma ya saa sita, bafatwa ikigoroba bakavuga ko bize mu gitondo. Mu kurwanya uko kubeshya kumaze igihe kirekire hashyizweho amabwiriza ko abana bemerewe kurema isoko mu gihe cy’ibiruhuko gusa!

Mumyaka ibiri isize abandi bana 3000 bari barataye ishuli barisubijwemo ku bufatanye n’abajyanama b’uburezi batewe inkunga na Imbuto Foundation mu mushinga “Mubyeyi Terintambwe Innitiative”..

Rutabo: Barasaba Ishuri ryisumbuye kuko bagira impungenge z’ingendo abana bakora

$
0
0

Abaturage bo mu kagari ka Rutabo mu murenge wa Gashenyi akarere ka Gakenke barasaba ko bakubakirwa ishuri ryisumbuye mu kagari kugirango abana babo ntibagakore ingendo bakora bajya kwiga mu tundi turere cyangwa se no mu tugari bahana imbibi dore ko mu kagari kabo kose udashobora kuhasanga ishuri ryisumbuye

Abana barangije amashuri abanza bo mu kagari ka Rutabo bibasaba kujya kwiga mu murenge wa Nemba uri mu karere ka Burera cyangwa se uwa Base wo mu karere ka Rulindo mugihe abandi bajya mu murenge wa Karambo kuko ariho hababera hafi ugereranyije no kujya mu tundi tugari tw’umurenge wa Gashenyi

Ingendo abana bakora bajya kw’ishuri ntiziri munsi y’amasaha abiri bityo bigatera impungenge ababyeyi babo bitewe n’igicuku abana babyukiramo bagiye kw’ishuri, n’ikindi gicuku bagerera murugo akaba ariho bahera basaba ko bakubakirwa ishuri mu kagari kabo kuburyo abana barangije bajya bigira bugufi

Karasanyi Eric avuga ko iyo abana babo barangije amashuri abanza bemera bakavunika bakajya kwiga ahandi kuburyo nk’ababyeyi bibabangamira kuko umwana ashobora guhura n’ikibazo muri iryo joro

Ati “ngereranyije nkaho ntuye babyuka sa kumi kuburyo sa kumi n’imwe abayagiye akahagera nka sa mbiri akagera murugo nka sa moya, biratubangamira cyane kugirango umwana agende iyo saha mu nzira ashobora gukubitana n’ikibazo cy’ijoro”

Ntamukunzi Anonciate, asobanura ko abana iyo barangije amashuri abanza ahantu bajya kwiga ari mu karere ka Burera cyangwa bakajya mu murenge wa Karambo kuko iwabo nta kigo gihari bakwigamo

Ati “ava murugo sa kumi n’imwe n’ubundi akahagera sa kumi n’imwe tukaba twifuza kugirango tubone ikigo bugufi natwe cyitwegereye abazajya barangiza bahite biga kuko byadufasha kubagabanyiriza urwo rugendo kubera bagenda ijoro bakaza irindi”

Uretse ingendo ndende bano bana bakora usanga hari naho bibasaba kwambuka imigezi kuburyo mugihe cy’imvura yuzura bikaba bitera impungenge ko bashobora kugwamo

Umuyobozi w’akarere ka Gakenke wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Ntakirutimana Zephyrin, avuga ko bazakora ibishoboka byose ku mashuri abanza ya Rutabo hakubakwa amashuri kugirango abana bajye biga hafi

Ati “tuzakora ibishoboka byose kugirango kuri ariya mashuri abanza haboneke nibura amashuri ya secondary kandi birashoboka. igihari nuko tuzavugana n’ababyeyi tukareba uburyo habonekamo ibibanza byo kubakamo ayo amashuri hanyuma tugafatanya nabo kureba ukuntu twayubaka bityo abana bige hafi hashoboka”

 

Viewing all 47 articles
Browse latest View live